car wheels and rims car rims
 

  • News
  • Electricity
    • Renewable Energy
    • Energy Efficiency
    • Energy Resources
  • Projects
  • Investment Opportunities

Home » Energy Resources » Rwanda | Nyamagabe: Hari icyizere ko abaturage ba Musange bazongera gucana nyuma y’uko urugomero rwabo rwangiritse.

Rwanda | Nyamagabe: Hari icyizere ko abaturage ba Musange bazongera gucana nyuma y’uko urugomero rwabo rwangiritse.

Posted by: peter    Tags:  Rwanda dams, Rwanda electricity, Rwanda Energy Resources, Rwanda ESECOM, Rwanda nyamasheke    Posted date:  January 16, 2013  |  No comment

Nyuma y’uko abaturage ba Musange bamaze igihe gisaga umwaka bari mu kizima kubera urugomero rwa Masizi rwari rwakozwe n’abaturage bafatanije n’ishuri ryisumbuye rya Musange rwangiritse rukaba rutagikora, ubu noneho ngo hari ikizere ko mu mezi make ari imbere bazongera bagacana umuriro w’amashanyarazi.

Kugira ngo aba baturage bakore uru rugomero byari byaturutse ku gitekerezo cyabo babona abafatanyabikorwa ndetse n’iri shuri rikuru rya Musange rigiramo uruhare runini rifata idene rya miliyoni ebyiri.

Kuri uyu wa 14/01/2013, tuganira na Mateso Férdinand, umucungamutungo wa ESECOM, yatangaje ko bari muri gahunda zo gusana uru rugomero ndetse bakaba baramaze kubona abaterankunga bazabafasha muri iyi mirimo, mu ntangiriro z’iki cyumweru bakaba bazabarura ibintu bikenewe gusimbuzwa ndetse n’agaciro kabyo ngo babone uko bazatangira imirimo.

Mateso yagize ati: “Dufite abaterankunga bagomba kuzawukora bafatanije na Company yitwa ELECTROCOM ikorera muri Sonatube. Ejo nibwo tuzajya kureba ibibura tugakora devis (inyigo). Imirimo ntiratangira ariko banyijeje ko nyuma y’ukwezi umuriro uzaba urimo”.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Musange butangaza ko bwiteguye gufasha aba baturage mu mirimo yo gusana uru rugomero rubaha ibiti byo gukoresha bamanika insinga z’amashanyarazi (poteaux), nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, Nsanzimana Védaste.

Nsanzimana akomeza avuga ko hari ingamba zo kumvisha abaturage ko uwo muriro uzaba ari uwabo bityo bakishyiriraho komite izacunga uru rugomero ikaba ari nayo izajya igira inshingano zo kurukurikirana buri munsi.

“Ingamba turimo dufata n’izo kwegurira ibikorwa ba nyirabyo, abaturage bakumva ko umuriro ari umwabo bagomba kwishyiriraho komite yo kuwucunga ari ukwishyura amafaranga, ari ugusana ibyangiritse bikava mu baturage ku buryo agasigane katazongera kuboneka”, Nsanzimana.

Uru rugomero rugiye guterwa inkunga n’abadage bikaba byitezwe ko ruzatanga umuriro ufite ingufu nyinshi kurusha uwo rwatangaga mbere y’uko rwangirika.


    Share This
About the author
peter



Related Posts

Rwanda | Abadepite barasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo itabamo kuryamira abenegihugu
Ubwo basuraga urugomero rw’amashanyarazi ruri kubakwa mu karere ka Muhanga, abadepite basabye ubuyobozi bw’aka karere ko bwakurikirana bukareba niba imirimo iri gukorwa itagirira akamaro abanyamahanga kurusha abenegihugu. Umudepite...


Wanna say something?





  Cancel Reply

« More Rwandans to access electricity by 2017
Rwanda | Gakenke: Gahunda yo gukwirakwiza amashanyarazi mu baturage iragenda buhoro »
  • Recent Posts

    • Umushinga wa RukararaII uracyafite ibikorwa biri inyuma
    • Rubavu : abaturage bashima EWSA kuba itagitwara umuriro
    • Musanze development strategies to rely on infrastructure
    • Iterambere rya Musanze ry’imyaka itanu rizashingira ahanini ku bikorwa remezo
    • Kabatwa: Nyuma yo kubona amashyanyarazi hafi yabo ,agenda abageza kuri byinshi mu iterambere
    • Nyamasheke: Sector roads, a responsibility of residents-Mayor